Uwacu yatangije Itorero ry’abakozi ba WASAC
Uyu munsi kuwa 2 Werurwe 2024, Umuyobozi Nshingwabikorwa ushinzwe Itorero n’Iterambere ry’Umuco Uwacu Julienne, yatangije ku mugaragaro Itorero ry’abakozi ba WASAC ribera mu Kigo cy’Ubutore cya Nkumba giherereye mu Karere ka Burera.
Mu ijambo rye, yabasobanuriye ko iterambere rirambye u Rwanda rwifuza rigomba kubakira ku muco, abasaba kwimakaza indangagaciro na kirazira z’umuco nyarwanda mu byo bakora byose.
Yabashishikarije kugira imitekerereze mpinduramatwara, muri iri Torero bakireba bakishimira aho bakoze neza, bakinenga aho batakoze neza bagamije gukosora kugira ngo WASAC ibashe kugera ku ntego zayo.
Yabasabye kandi kuzahiga imihigo isubiza ibibazo bihari, abizeza ubufatanye bwa MINUBUMWE mu gukurikirana ishyirwa mu bikorwa ryayo.
Iri Torero rigamije gutoza abakozi ba WASAC Indangagaciro z’umuco nyarwanda na kirazira, imyitwaririre mbonezamurimo batanga serivise inoze, icyerekezo cy’Igihugu n’uruhare rwabo mu kugeza amazi meza, isuku n’isukura ku baturarwanda bose, hagamijwe kubaka u Rwanda twifuza.
Muri iri Torero Intore zizatozwa mu buryo butanu bukoreshwa muItorero burimo imyitozo ngororamubiri, akarasisi n’intambwe y’intore, imikoro n’imikorongiro, ibiganiro, gutarama no guhiga.
On 25 November 2025, Permanent Secretary Eric Mahoro joined stakeholders to reflect on the results of the “Reinforcing Community Capacity for Social…
Ku wa 18 Gicurasi 2025, Minisitiri Dr Bizimana Jean Damascene yifatanyije n’abaturage b’Uturere twa Nyabihu na Rubavu mu Kwibuka ku nshuro ya 31…
Ku wa 17 Gicurasi 2025, Minisitiri Dr Bizimana Jean Damascene n’abandi bayobozi, bifatanyije n’abaturage b’Akarere ka Rulindo, mu gikorwa cyo Kwibuka…
Ku wa 15 Gicurasi 2025, Minisitiri Dr Bizimana Jean Damascene yitabiriye igikorwa cyo Kwibuka ku nshuro ya 31 Jenoside yakorewe Abatutsi cyateguwe…
Ku wa 3 Gicurasi 2025, Minisitiri Dr Bizimana Jean Damascene n’abandi bayobozi, bifatanyije n’abaturage b’Akarere ka Nyamagabe mu Kwibuka ku nshuro ya…
The Executive Director of the Memory and Genocide Prevention Department, Veneranda Ingabire, delivered a keynote address at the 31st commemoration of…
Ku wa 27 Mata 2025, Minisitiri Dr Bizimana Jean Damascene yifatanyije n’abaturage b’Akarere ka Nyanza mu Kwibuka ku nshuro ya 31 Jenoside yakorewe…
Ku wa 26 Mata 2025, Minisitiri Dr Bizimana Jean Damascene n’abandi bayobozi, bifatanyije n’abaturage b’Akarere ka Kamonyi mu Kwibuka ku nshuro ya 31…
Ku wa 25 Mata 2025, muri Intare Conference Arena habereye ihuriro ry’Urubyiruko rizwi nk’Igihango cy’Urungano, rigamije kwibuka urubyiruko rwazize…