Umuyobozi Mukuru wa RAB yasoje Itorero Intagamburuzwa za RICA icyiciro cya 4
Uyu munsi, ku wa 6 Nzeri 2024, Umuyobozi Mukuru w’Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuhinzi n’Ubworozi (RAB) Dr Ndabamenye Télesphore, yasoje Itorero Intagamburuzwa za RICA icyiciro cya 4.
Yashimye inyigisho abaryitabiriye bahawe ku ndangagaciro na kirazira by’umuco nyarwanda n'andi masomo abafasha kurushaho kumenya u Rwanda no kugira ishyaka ryo kurukorera.
Yabasabye kuba Intore zidasobanya, zifasha u Rwanda kugera ku ntego z’Icyerekezo 2050.
Itorero Intagamburuzwa za RICA icyiciro cya 4 ryatangijwe ku mugaragaro ku wa 2 Nzeri 2024, ku bufatanye bwa MINUBUMWE na RICA, hagamijwe gukangurira Intagamburuzwa za RICA kurangwa n’ubumwe bw’Abanyarwanda, indangagaciro na kirazira zishingiye ku muco nyarwanda no kuzitoza abandi; gutegura Intagamburuzwa za RICA zizafatanya na bagenzi babo batojwe mbere mu mikorere inoze y’itorero mu mashuri makuru na kaminuza; gukangurira intagamburuzwa za RICA uruhare rwabo mu kurwanya abavuga nabi u Rwanda banahakana iterambere ryarwo; gusobanurira Intagamburuzwa za RICA uruhare rwabo mu iterambere ry’Igihugu bakoresheje ubumenyi bazakura muri RICA.
Abitabiriye iri Torero batojwe hakoreshejwe uburyo bunyuranye burimo ibiganiro, gutarama no guhiga, byose bibafasha kurushaho gusobanukirwa amateka yabo, Icyerekezo 2050 n’uruhare urubyiruko rugomba kukigiramo, kurwanya jenoside n’ingengabitekerezo yayo, ubuhinzi n’ubworozi bugeza u Rwanda ku rwego rw’ibihugu biteye imbere, uruhare rw’urubyiruko mu kuzuza nshingano mboneragihugu no gusigasira Ubunyarwanda.
Kuva muri 2021, ubuyobozi bw’Ishuri rikuru ry’Ishuri Rikuru rya RICA bwafashe umwanzuro ko abanyeshuri bashya bose bemerewe kwiga muri iryo shuri bazajya babanza gukora Itorero mbere yo gutangira amasomo yabo.
Iki cyemezo cyaturutse ku myifatire mbonera yagarajwe na bamwe mu bitabiriye Itorero Indangamirwa muri 2019 nyuma y’Itorero bajya kwiga muri RICA.
On 25 November 2025, Permanent Secretary Eric Mahoro joined stakeholders to reflect on the results of the “Reinforcing Community Capacity for Social…
Ku wa 18 Gicurasi 2025, Minisitiri Dr Bizimana Jean Damascene yifatanyije n’abaturage b’Uturere twa Nyabihu na Rubavu mu Kwibuka ku nshuro ya 31…
Ku wa 17 Gicurasi 2025, Minisitiri Dr Bizimana Jean Damascene n’abandi bayobozi, bifatanyije n’abaturage b’Akarere ka Rulindo, mu gikorwa cyo Kwibuka…
Ku wa 15 Gicurasi 2025, Minisitiri Dr Bizimana Jean Damascene yitabiriye igikorwa cyo Kwibuka ku nshuro ya 31 Jenoside yakorewe Abatutsi cyateguwe…
Ku wa 3 Gicurasi 2025, Minisitiri Dr Bizimana Jean Damascene n’abandi bayobozi, bifatanyije n’abaturage b’Akarere ka Nyamagabe mu Kwibuka ku nshuro ya…
The Executive Director of the Memory and Genocide Prevention Department, Veneranda Ingabire, delivered a keynote address at the 31st commemoration of…
Ku wa 27 Mata 2025, Minisitiri Dr Bizimana Jean Damascene yifatanyije n’abaturage b’Akarere ka Nyanza mu Kwibuka ku nshuro ya 31 Jenoside yakorewe…
Ku wa 26 Mata 2025, Minisitiri Dr Bizimana Jean Damascene n’abandi bayobozi, bifatanyije n’abaturage b’Akarere ka Kamonyi mu Kwibuka ku nshuro ya 31…
Ku wa 25 Mata 2025, muri Intare Conference Arena habereye ihuriro ry’Urubyiruko rizwi nk’Igihango cy’Urungano, rigamije kwibuka urubyiruko rwazize…