Ukwakira: Ukwezi kwahariwe kuzirikana Ubumwe n’Ubudaheranwa bw’Abanyarwanda
Ukwezi k’Ukwakira buri mwaka kwahariwe kuzirikana Ubumwe n’Ubudaheranwa bw’Abanyarwanda. Ni umwanya Abanyarwanda bose bahamagarirwa kwisuzuma, bakaganira ku ntambwe imaze guterwa mu rugendo rw’ubumwe n’ubudaheranwa, inzitizi zikigaragara n’ingamba zo kuzikemura.
Ukwezi k’Ubumwe n’Ubudaheranwa muri uyu mwaka wa 2024 kuje mu gihe dutangiye gahunda y’iterambere y’imyaka itanu ya Guverinoma. Ni umwanya mwiza wo kwisuzuma no gufata ingamba zo gukomeza kwimakaza amahitamo y’Abanyarwanda yo KUBA UMWE no gushyira imbere ibibahuza bibafasha kwihuta mu iterambere.
IMITERERE Y’UBUMWE N’UBUDAHERANWA MU GIHE TUGEZEMO
Ubushakashatsi bugaragaza ko igipimo cy’ubumwe n’ubwiyunge mu Banyarwanda cyagiye kizamuka, aho muri 2010 cyari kuri 82.3%, muri 2015 kigera kuri 92.5%, naho muri 2020 tugera kuri 94.7%.
Ubushakashatsi bwakozwe na MINUBUMWE muri 2023 bugaragaraza kandi ko Abanyarwanda bageze ku gipimo gishimishije cy’ubudarehanwa aho ubudaheranwa ku muntu ku giti cye bugeze kuri 75% mu gihe ku rwego rw’inzego buri ku kigero cya 92%.
Nubwo imibare yerekana igipimo gishimishije, bigaragara ko mu Banyarwanda hakiri ibibangamiye imibanire myiza n’ubumwe bwabo birimo ibisigisigi by’ivangura n’amacakubiri, ibikomere n’ihungabana bigira ingaruka ku mibanire y’imiryango n’imyitwarire y’urubyiruko, abarangiza ibihano ku byaha bya jenoside basubira mu buzima busanzwe bo n’imiryango basanze batarateguwe mu buryo buhagije, abihisha inyuma y’ivugabutumwa n’imyemerere bakayobya Abanyarwanda, imikoreshereze mibi y’imbuga nkoranyambaga aho zimwe muri zo ziba umuyoboro w’amacakubiri n’imvugo zibiba urwango.
Ibyo byose biradusaba kugaruka ku muco nyarwanda, indangagaciro na kirazira bishimangira ubumwe n’ubudaheranwa bw’Abanyarwanda. Ari na yo mpamvu insanganyamatsiko y’ukwezi k’ubumwe n’ubudaheranwa muri uyu mwaka igira iti: ‘‘INDANGAGACIRO NA KIRAZIRA, ISOKO Y’UBUMWE N’UBUDAHERANWA BY’ABANYARWANDA.’’
Intego z’ukuKkwezi k’Ubumwe n’Ubudaheranwa ni ugusuzuma intambwe imaze guterwa mu rugendo rw’ubumwe n’ubudaheranwa bw’Abanyarwanda aho batuye, aho bakorera, no mu muryango mugari (Ibyagezweho n’inzitizi); gusobanukirwa uruhare rw’umuco nyarwanda, indangagaciro na kirazira mu kugira imyumvire, imitekerereze, imyitwarire n’imikorere ihamye ndetse no gufata ingamba zo gukumira no gukemura ibibazo bikigaragara bibangamiye ubumwe n’ubudaheranwa mu muryango nyarwanda.
Ku rwego rw’Igihugu, uku Kwezi kuratangirizwa mu Karere ka Ruhango mu Murenge wa Ntongwe kuri uyu wa 2 Ukwakira 2024.
On 25 November 2025, Permanent Secretary Eric Mahoro joined stakeholders to reflect on the results of the “Reinforcing Community Capacity for Social…
Ku wa 18 Gicurasi 2025, Minisitiri Dr Bizimana Jean Damascene yifatanyije n’abaturage b’Uturere twa Nyabihu na Rubavu mu Kwibuka ku nshuro ya 31…
Ku wa 17 Gicurasi 2025, Minisitiri Dr Bizimana Jean Damascene n’abandi bayobozi, bifatanyije n’abaturage b’Akarere ka Rulindo, mu gikorwa cyo Kwibuka…
Ku wa 15 Gicurasi 2025, Minisitiri Dr Bizimana Jean Damascene yitabiriye igikorwa cyo Kwibuka ku nshuro ya 31 Jenoside yakorewe Abatutsi cyateguwe…
Ku wa 3 Gicurasi 2025, Minisitiri Dr Bizimana Jean Damascene n’abandi bayobozi, bifatanyije n’abaturage b’Akarere ka Nyamagabe mu Kwibuka ku nshuro ya…
The Executive Director of the Memory and Genocide Prevention Department, Veneranda Ingabire, delivered a keynote address at the 31st commemoration of…
Ku wa 27 Mata 2025, Minisitiri Dr Bizimana Jean Damascene yifatanyije n’abaturage b’Akarere ka Nyanza mu Kwibuka ku nshuro ya 31 Jenoside yakorewe…
Ku wa 26 Mata 2025, Minisitiri Dr Bizimana Jean Damascene n’abandi bayobozi, bifatanyije n’abaturage b’Akarere ka Kamonyi mu Kwibuka ku nshuro ya 31…
Ku wa 25 Mata 2025, muri Intare Conference Arena habereye ihuriro ry’Urubyiruko rizwi nk’Igihango cy’Urungano, rigamije kwibuka urubyiruko rwazize…