Uko umuntu akenera umwuka ngo abeho ni ko Abanyarwanda dukeneye ubumwe – Min. Dr Bizimana
Kuri uyu wa 10 Mutarama 2025, Minisitiri Dr Bizimana Jean Damascene yitabiriye inama nyunguranabitekerezo ku bumwe n’ubudaheranwa bw'Abanyarwanda mu Karere ka Nyaruguru yabereye mu Murenge wa Kibeho. Iyi nama yitabiriwe n’abayobozi batandukanye n’abaturage baturutse mu Mirenge 14 igize Akarere ka Nyaruguru.
Mu kiganiro yatanze ku bumwe n’ubudaheranwa bw’Abanyarwanda, Minisitiri Dr Bizimana yashimangiye ko uko umuntu akenera umwuka kugira ngo abeho ari na ko Abanyarwanda dukeneye ubumwe kugira ngo u Rwanda rubeho none n’ejo no mu binyejana byinshi biri imbere ubwo tuzaba tutakiriho.
Iyi nama nyunguranabitekerezo yabaye nyuma y’ibiganiro byakorewe mu Mirenge igize Akarere ka Nyaruguru kuva ku wa 26 Ukuboza 2024 kugeza ku wa 2 Mutarama 2025, byahuje ubuyobozi bw’Akarere, inzego z’umutekano n’ibyiciro bitandukanye by’inzego zatowe. Muri ibyo biganiro byagaragaye ko hari ibikorwa bimwe bibangamira ubumwe n’ubudaheranwa bw’Abanyarwanda.
Minisitiri Dr Bizimana yifashishije gihamya z’amateka, yagaragaje uko ubumwe bw’Abanyarwanda bwasenywe n’abakoloni n’abamisiyoneri ndetse na Repubulika ya Mbere n’iya Kabiri, asaba abaturage ba Nyaruguru n’Abanyarwanda muri rusange kurwanya amacakubiri n'ingengabitekerezo ya jenoside bubakira ku kuri, babumbatira ubumwe bw’Abanyarwanda, bazirikana ko kubaka u Rwanda rwa twese ari inshingano ya buri wese.
On 25 November 2025, Permanent Secretary Eric Mahoro joined stakeholders to reflect on the results of the “Reinforcing Community Capacity for Social…
Ku wa 18 Gicurasi 2025, Minisitiri Dr Bizimana Jean Damascene yifatanyije n’abaturage b’Uturere twa Nyabihu na Rubavu mu Kwibuka ku nshuro ya 31…
Ku wa 17 Gicurasi 2025, Minisitiri Dr Bizimana Jean Damascene n’abandi bayobozi, bifatanyije n’abaturage b’Akarere ka Rulindo, mu gikorwa cyo Kwibuka…
Ku wa 15 Gicurasi 2025, Minisitiri Dr Bizimana Jean Damascene yitabiriye igikorwa cyo Kwibuka ku nshuro ya 31 Jenoside yakorewe Abatutsi cyateguwe…
Ku wa 3 Gicurasi 2025, Minisitiri Dr Bizimana Jean Damascene n’abandi bayobozi, bifatanyije n’abaturage b’Akarere ka Nyamagabe mu Kwibuka ku nshuro ya…
The Executive Director of the Memory and Genocide Prevention Department, Veneranda Ingabire, delivered a keynote address at the 31st commemoration of…
Ku wa 27 Mata 2025, Minisitiri Dr Bizimana Jean Damascene yifatanyije n’abaturage b’Akarere ka Nyanza mu Kwibuka ku nshuro ya 31 Jenoside yakorewe…
Ku wa 26 Mata 2025, Minisitiri Dr Bizimana Jean Damascene n’abandi bayobozi, bifatanyije n’abaturage b’Akarere ka Kamonyi mu Kwibuka ku nshuro ya 31…
Ku wa 25 Mata 2025, muri Intare Conference Arena habereye ihuriro ry’Urubyiruko rizwi nk’Igihango cy’Urungano, rigamije kwibuka urubyiruko rwazize…