Rusizi: Umunyamabanga Uhoraho Eric Mahoro yabibukije amahitamo yo KUBA UMWE
Kuri uyu wa 22 Mutarama 2025, Umunyamabanga Uhoraho Mahoro Eric yitabiriye igikorwa cyo kumurika ibyagezweho na Caritas Cyangugu na Komisiyo y'Ubutabera n'Amahoro muri Diyosezi ya Cyangugu, mu guteza imbere imibereho myiza, ubuzima, iterambere n'imibanire myiza mu Banyarwanda, kuva mu mwaka wa 2021-2024.
Mu ijambo rye, yashimiye uruhare rwabo muri gahunda z'Igihugu zo gushimangira ubumwe bw'Abanyarwanda, ubwiyunge n'ubudaheranwa, nyuma y'amateka ashaririye twanyuzemo ya Jenoside yakorewe Abatutsi ifite imizi mu bukoloni ndetse na politiki mbi yimakajwe na Repubulika ya Mbere n'iya Kabiri.
Yibukije ko ubutegetsi bw'icyo gihe bwasenye indangagaciro z’ingenzi zari zubakiyeho umuryango nyarwanda ari zo ubumwe, ubupfura, ubudahemuka, ubuvandimwe, gukunda Igihugu n’izindi, bigera no mu bihaye Imana bamwe bigisha urwango kandi bararahiriye kwigisha urukundo.
Yabibukije amahitamo yo KUBA UMWE Abanyarwanda bakoze nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi, abasaba gukomeza kugira uruhare mu kurwanya ingengabitekerezo ya jenoside n'amacakubiri, bashyira imbaraga mu kwigisha amateka nta kuyagoreka kuko kumenya ukuri birakiza kandi bikarinda abakiri bato kuyoba.
Mu gusoza ijambo rye yagarutse kuri gahunda yo guherekeza abahaniwe ibyaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi barangije ibihano barimo abasabye imbabazi ndetse no gushishikariza abayirokotse gutanga imbabazi, agaragaza akamaro ko guhinduka bya nyabyo no gusaba imbabazi zivuye ku mutima kuko biruhura uhawe imbabazi n'uzitanze, bikaba umusemburo w'imibanire myiza hagati yabo ndetse n'abandi Banyarwanda muri rusange.
On 25 November 2025, Permanent Secretary Eric Mahoro joined stakeholders to reflect on the results of the “Reinforcing Community Capacity for Social…
Ku wa 18 Gicurasi 2025, Minisitiri Dr Bizimana Jean Damascene yifatanyije n’abaturage b’Uturere twa Nyabihu na Rubavu mu Kwibuka ku nshuro ya 31…
Ku wa 17 Gicurasi 2025, Minisitiri Dr Bizimana Jean Damascene n’abandi bayobozi, bifatanyije n’abaturage b’Akarere ka Rulindo, mu gikorwa cyo Kwibuka…
Ku wa 15 Gicurasi 2025, Minisitiri Dr Bizimana Jean Damascene yitabiriye igikorwa cyo Kwibuka ku nshuro ya 31 Jenoside yakorewe Abatutsi cyateguwe…
Ku wa 3 Gicurasi 2025, Minisitiri Dr Bizimana Jean Damascene n’abandi bayobozi, bifatanyije n’abaturage b’Akarere ka Nyamagabe mu Kwibuka ku nshuro ya…
The Executive Director of the Memory and Genocide Prevention Department, Veneranda Ingabire, delivered a keynote address at the 31st commemoration of…
Ku wa 27 Mata 2025, Minisitiri Dr Bizimana Jean Damascene yifatanyije n’abaturage b’Akarere ka Nyanza mu Kwibuka ku nshuro ya 31 Jenoside yakorewe…
Ku wa 26 Mata 2025, Minisitiri Dr Bizimana Jean Damascene n’abandi bayobozi, bifatanyije n’abaturage b’Akarere ka Kamonyi mu Kwibuka ku nshuro ya 31…
Ku wa 25 Mata 2025, muri Intare Conference Arena habereye ihuriro ry’Urubyiruko rizwi nk’Igihango cy’Urungano, rigamije kwibuka urubyiruko rwazize…