Rusizi: Umunyamabanga Uhoraho Eric Mahoro yabibukije amahitamo yo KUBA UMWE

Kuri uyu wa 22 Mutarama 2025, Umunyamabanga Uhoraho Mahoro Eric yitabiriye igikorwa cyo kumurika ibyagezweho na Caritas Cyangugu na Komisiyo y'Ubutabera n'Amahoro muri Diyosezi ya Cyangugu, mu guteza imbere imibereho myiza, ubuzima, iterambere n'imibanire myiza mu Banyarwanda, kuva mu mwaka wa 2021-2024. 

Mu ijambo rye, yashimiye uruhare rwabo muri gahunda z'Igihugu zo gushimangira ubumwe bw'Abanyarwanda, ubwiyunge n'ubudaheranwa, nyuma y'amateka ashaririye twanyuzemo ya Jenoside yakorewe Abatutsi ifite imizi mu bukoloni ndetse na politiki mbi yimakajwe na Repubulika ya Mbere n'iya Kabiri. 

Yibukije ko ubutegetsi bw'icyo gihe bwasenye indangagaciro z’ingenzi zari zubakiyeho umuryango nyarwanda ari zo ubumwe, ubupfura, ubudahemuka, ubuvandimwe, gukunda Igihugu n’izindi, bigera no mu bihaye Imana bamwe bigisha urwango kandi bararahiriye kwigisha urukundo. 

Yabibukije amahitamo yo KUBA UMWE Abanyarwanda bakoze nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi, abasaba gukomeza kugira uruhare mu kurwanya ingengabitekerezo ya jenoside n'amacakubiri, bashyira imbaraga mu kwigisha amateka nta kuyagoreka kuko kumenya ukuri birakiza kandi bikarinda abakiri bato kuyoba. 

Mu gusoza ijambo rye yagarutse kuri gahunda yo guherekeza abahaniwe ibyaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi barangije ibihano barimo abasabye imbabazi ndetse no gushishikariza abayirokotse gutanga imbabazi, agaragaza akamaro ko guhinduka bya nyabyo no gusaba imbabazi zivuye ku mutima kuko biruhura uhawe imbabazi n'uzitanze, bikaba umusemburo w'imibanire myiza hagati yabo ndetse n'abandi Banyarwanda muri rusange.

Topics


Reflecting on achievements of the “Reinforcing Community Capacity for Social Cohesion and Reconciliation through Societal Healing” program

On 25 November 2025, Permanent Secretary Eric Mahoro joined stakeholders to reflect on the results of the “Reinforcing Community Capacity for Social…

Read more →

Bigogwe yabaye indiri y’itegurwa rya Jenoside yakorewe Abatutsi – Min. Dr Bizimana

Ku wa 18 Gicurasi 2025, Minisitiri Dr Bizimana Jean Damascene yifatanyije n’abaturage b’Uturere twa Nyabihu na Rubavu mu Kwibuka ku nshuro ya 31…

Read more →

Umugambi wa Jenoside yakorewe Abatutsi watangiye mu 1990 – Min. Dr Bizimana

Ku wa 17 Gicurasi 2025, Minisitiri Dr Bizimana Jean Damascene n’abandi bayobozi, bifatanyije n’abaturage b’Akarere ka Rulindo, mu gikorwa cyo Kwibuka…

Read more →

Ntidukwiye kugira abana imbata y'amateka mabi twanyuzemo tubahisha ukuri – Min. Dr Bizimana

Ku wa 15 Gicurasi 2025, Minisitiri Dr Bizimana Jean Damascene yitabiriye igikorwa cyo Kwibuka ku nshuro ya 31 Jenoside yakorewe Abatutsi cyateguwe…

Read more →

Amahoro dukesha Inkotanyi tuyasigasire – Min. Dr Bizimana

Ku wa 3 Gicurasi 2025, Minisitiri Dr Bizimana Jean Damascene n’abandi bayobozi, bifatanyije n’abaturage b’Akarere ka Nyamagabe mu Kwibuka ku nshuro ya…

Read more →

Kwibuka 31: Ingabire Warns of Rising Genocide Ideology at U.S. Embassy Event

The Executive Director of the Memory and Genocide Prevention Department, Veneranda Ingabire, delivered a keynote address at the 31st commemoration of…

Read more →

Habyarimana Juvenal yatangiye gutoteza Abatutsi mu 1965 – Min. Dr Bizimana

Ku wa 27 Mata 2025, Minisitiri Dr Bizimana Jean Damascene yifatanyije n’abaturage b’Akarere ka Nyanza mu Kwibuka ku nshuro ya 31 Jenoside yakorewe…

Read more →

Ubutegetsi buriho butabishatse jenoside ntitegurwa kandi ntiba – Min. Dr Bizimana

Ku wa 26 Mata 2025, Minisitiri Dr Bizimana Jean Damascene n’abandi bayobozi, bifatanyije n’abaturage b’Akarere ka Kamonyi mu Kwibuka ku nshuro ya 31…

Read more →

Igihango cy’Urungano: Min. Dr Bizimana yasabye urubyiruko kurwanya ababiba urwango

Ku wa 25 Mata 2025, muri Intare Conference Arena habereye ihuriro ry’Urubyiruko rizwi nk’Igihango cy’Urungano, rigamije kwibuka urubyiruko rwazize…

Read more →
-->