Perezida Wa Repubulika yatangije icyumweru cyo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi ku nshuro ya 28
Kuri uyu wa Kane tariki ya 7 Mata 2022 Abanyarwanda n’isi muri rusange baribuka ku nshuro ya 28 Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994. Nyakubahwa Perezida wa Repubulika Paul Kagame aherekejwe na Madamu Jeannette Kagame bitabiriye umuhango wo gutangiza ibikorwa byo Kwibuka ku nshuro ya 28 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, bitangizwa n’icyumweru cy’icyunamo kwibuka bigakomeza mu gihe cy’iminsi ijana (100) Abatutsi bishwemo muri 1994.
Bakigera ku Rwibutso rwa Jenoside rwa Kigali ku Gisozi babanje gushyira indabo ku mva rusange ishyinguyemo abarenga ibihumbi magana abiri na mirongo itanu (250,000) no kunamira izo nzirakarengane zihashyinguye nyuma bacana urumuri rw’icyizere cyerekana ahazaza heza h’u Rwanda uru rumuri rukaba rwaka mu gihe cy’iminsi ijana (100).
Mu butumwa yageneye abaturarwanda n’abari hirya no hino ku isi, yashimangiye ko Abanyarwanda ari abantu bafite agaciro, ko uwo ariwe wese washaka kubasuzugura akwiriye kumenya ko nta buzima bufite agaciro kurusha ubwabo. Yagize ati: “Nta buzima bufite agaciro kurusha ubwacu n’ubwo ubuzima bwacu bwangijwe, bugapfushwa ubusa nk’uko ubuhamya bwatanzwe n’uriya musore bwabitweretse”.
Yavuze ko u Rwanda ari igihugu gito mu buso ariko gifite ubutabera bukomeye ndetse n’amasomo ibihugu binini byarwigiraho. Yagize ati: “Ariko mureke mbabwire, turi igihugu gito, ariko turakomeye cyane mu butabera, kurusha ndetse bimwe muri ibi bihugu binini kandi bikomeye, ariko mu butabera ugasanga ari byo bito cyane”. Yongeyeho ko bene ibyo bihugu nta masomo bifite yo kwigisha uwo ari we wese, kuko bimwe byagize uruhare mu mateka yatumye abarenga miliyoni mu Rwanda barimbuka. Yagize ati: “Ni bo ba nyirabayazana. Abanyarwanda bo icyo bakoze ni ugushyira mu bikorwa, bica bagenzi babo. Ni bo babaye intandaro y’ibyo byago n’ibibazo twagize”.
Yasoje asaba urubyiruko ko rugomba gukora ibigomba gukorwa bakaba abanyarwanda bizihiye igihugu cyabo kandi biteguye kuba barwana urugamba urwo arirwo rwose mu gihe cyose.
Tariki ya 7 Mata kandi yemejwe n’umuryango w’Abibumbye nk’umunsi mpuzamahanga wo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi. Bityo Umuryango w’Abibumbye nawo wifatanyije n’u Rwanda kongera kuzirikana inzirakarengane zishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu myaka 28 ishize.
Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye Antonio Guterres, yagize ati: “Mu gihe twibuka amaraso yamenetse mu myaka 28 ishize, tuzirikana ko iteka duhorana amahitamo. Guhitamo ubumuntu hejuru y’urwango, ubugwaneza kurusha ubugome, ubutwari kuruta kurebera ndetse n’ubwiyunge kuburutisha amacakubiri.”
On 25 November 2025, Permanent Secretary Eric Mahoro joined stakeholders to reflect on the results of the “Reinforcing Community Capacity for Social…
Ku wa 18 Gicurasi 2025, Minisitiri Dr Bizimana Jean Damascene yifatanyije n’abaturage b’Uturere twa Nyabihu na Rubavu mu Kwibuka ku nshuro ya 31…
Ku wa 17 Gicurasi 2025, Minisitiri Dr Bizimana Jean Damascene n’abandi bayobozi, bifatanyije n’abaturage b’Akarere ka Rulindo, mu gikorwa cyo Kwibuka…
Ku wa 15 Gicurasi 2025, Minisitiri Dr Bizimana Jean Damascene yitabiriye igikorwa cyo Kwibuka ku nshuro ya 31 Jenoside yakorewe Abatutsi cyateguwe…
Ku wa 3 Gicurasi 2025, Minisitiri Dr Bizimana Jean Damascene n’abandi bayobozi, bifatanyije n’abaturage b’Akarere ka Nyamagabe mu Kwibuka ku nshuro ya…
The Executive Director of the Memory and Genocide Prevention Department, Veneranda Ingabire, delivered a keynote address at the 31st commemoration of…
Ku wa 27 Mata 2025, Minisitiri Dr Bizimana Jean Damascene yifatanyije n’abaturage b’Akarere ka Nyanza mu Kwibuka ku nshuro ya 31 Jenoside yakorewe…
Ku wa 26 Mata 2025, Minisitiri Dr Bizimana Jean Damascene n’abandi bayobozi, bifatanyije n’abaturage b’Akarere ka Kamonyi mu Kwibuka ku nshuro ya 31…
Ku wa 25 Mata 2025, muri Intare Conference Arena habereye ihuriro ry’Urubyiruko rizwi nk’Igihango cy’Urungano, rigamije kwibuka urubyiruko rwazize…