MINUBUMWE yamuritse imirongo ngenderwaho mu bikorwa by’isanamitima

Uyu munsi ku wa 25 Mutarama 2024, MINUBUMWE yamuritse imirongo ngenderwaho (guidelines) mu bikorwa by'isanamitima no kunoza imikorere n'imikoranire mu rugendo rwo kubaka ubumwe n'ubudaheranwa bw'Abanyarwanda.

Atangiza inama yamurikiwemo iyo mirongo ngenderwaho, Umuyobozi Nshingwabikorwa ushinzwe ubumwe bw'Abanyarwanda n'ubudaheranwa, Uwacu Julienne yavuze ko gushyiraho imirongo ngenderwaho bigamije kumva kimwe imiterere, uburemere n'uburyo bukomatanyije bukwiye gukoreshwa mu gukemura ibibazo biremereye umuryango nyarwanda.
Yagaragaje ko iyi mirongo ngenderwaho idakuraho umwihariko n'uburyo buri mufatanyabikorwa asanzwe akoresha, ahubwo yerekana iby'ingenzi bidakwiye kubura mu buryo ubwo ari bwo bwose bwakoreshwa, bityo tukaba twizeye ko aho umufatanyabikorwa afasha Abanyarwanda mu buryo bufatika.

Iyi mirongo ngenderwaho izafasha buri mufatanyabikorwa gukora mu buryo buzana impinduka, bufasha Abanyarwanda gukira ibikomere nk'imwe mu nzitizi zibangamiye ubumwe n'ubudaheranwa kuko iyo umuntu ahungabanye, adatekanye, adashobora kubana neza n'abandi cyangwa ngo yiteze imbere.
Kugira ngo ubumwe n'ubudaheranwa bukomeze gutera imbere, ni ngombwa guhuza imbaraga no kongera ingufu muri gahunda z'isanamitima n'inyigisho zigamije guhindura imyumvire biganisha ku mibereho n'imibanire myiza y'Abanyarwnada, bigakorwa mu byiciro byose by'Abanyarwanda.

Asoza iyi nama, Umunyamabanga Uhoraho Mahoro Eric yasabye buri mufatanyabikorwa gufata iya mbere mu gukurikiza iyi mirongo ngenderwaho, abizeza ubufatanye bwa MINUBUMWE mu rugendo rwo kubaka Ubumwe n'Ubudaheranwa bw'Abanyarwanda.

Topics


Reflecting on achievements of the “Reinforcing Community Capacity for Social Cohesion and Reconciliation through Societal Healing” program

On 25 November 2025, Permanent Secretary Eric Mahoro joined stakeholders to reflect on the results of the “Reinforcing Community Capacity for Social…

Read more →

Bigogwe yabaye indiri y’itegurwa rya Jenoside yakorewe Abatutsi – Min. Dr Bizimana

Ku wa 18 Gicurasi 2025, Minisitiri Dr Bizimana Jean Damascene yifatanyije n’abaturage b’Uturere twa Nyabihu na Rubavu mu Kwibuka ku nshuro ya 31…

Read more →

Umugambi wa Jenoside yakorewe Abatutsi watangiye mu 1990 – Min. Dr Bizimana

Ku wa 17 Gicurasi 2025, Minisitiri Dr Bizimana Jean Damascene n’abandi bayobozi, bifatanyije n’abaturage b’Akarere ka Rulindo, mu gikorwa cyo Kwibuka…

Read more →

Ntidukwiye kugira abana imbata y'amateka mabi twanyuzemo tubahisha ukuri – Min. Dr Bizimana

Ku wa 15 Gicurasi 2025, Minisitiri Dr Bizimana Jean Damascene yitabiriye igikorwa cyo Kwibuka ku nshuro ya 31 Jenoside yakorewe Abatutsi cyateguwe…

Read more →

Amahoro dukesha Inkotanyi tuyasigasire – Min. Dr Bizimana

Ku wa 3 Gicurasi 2025, Minisitiri Dr Bizimana Jean Damascene n’abandi bayobozi, bifatanyije n’abaturage b’Akarere ka Nyamagabe mu Kwibuka ku nshuro ya…

Read more →

Kwibuka 31: Ingabire Warns of Rising Genocide Ideology at U.S. Embassy Event

The Executive Director of the Memory and Genocide Prevention Department, Veneranda Ingabire, delivered a keynote address at the 31st commemoration of…

Read more →

Habyarimana Juvenal yatangiye gutoteza Abatutsi mu 1965 – Min. Dr Bizimana

Ku wa 27 Mata 2025, Minisitiri Dr Bizimana Jean Damascene yifatanyije n’abaturage b’Akarere ka Nyanza mu Kwibuka ku nshuro ya 31 Jenoside yakorewe…

Read more →

Ubutegetsi buriho butabishatse jenoside ntitegurwa kandi ntiba – Min. Dr Bizimana

Ku wa 26 Mata 2025, Minisitiri Dr Bizimana Jean Damascene n’abandi bayobozi, bifatanyije n’abaturage b’Akarere ka Kamonyi mu Kwibuka ku nshuro ya 31…

Read more →

Igihango cy’Urungano: Min. Dr Bizimana yasabye urubyiruko kurwanya ababiba urwango

Ku wa 25 Mata 2025, muri Intare Conference Arena habereye ihuriro ry’Urubyiruko rizwi nk’Igihango cy’Urungano, rigamije kwibuka urubyiruko rwazize…

Read more →
-->