MINUBUMWE yamuritse imirongo ngenderwaho mu bikorwa by’isanamitima
Uyu munsi ku wa 25 Mutarama 2024, MINUBUMWE yamuritse imirongo ngenderwaho (guidelines) mu bikorwa by'isanamitima no kunoza imikorere n'imikoranire mu rugendo rwo kubaka ubumwe n'ubudaheranwa bw'Abanyarwanda.
Atangiza inama yamurikiwemo iyo mirongo ngenderwaho, Umuyobozi Nshingwabikorwa ushinzwe ubumwe bw'Abanyarwanda n'ubudaheranwa, Uwacu Julienne yavuze ko gushyiraho imirongo ngenderwaho bigamije kumva kimwe imiterere, uburemere n'uburyo bukomatanyije bukwiye gukoreshwa mu gukemura ibibazo biremereye umuryango nyarwanda.
Yagaragaje ko iyi mirongo ngenderwaho idakuraho umwihariko n'uburyo buri mufatanyabikorwa asanzwe akoresha, ahubwo yerekana iby'ingenzi bidakwiye kubura mu buryo ubwo ari bwo bwose bwakoreshwa, bityo tukaba twizeye ko aho umufatanyabikorwa afasha Abanyarwanda mu buryo bufatika.
Iyi mirongo ngenderwaho izafasha buri mufatanyabikorwa gukora mu buryo buzana impinduka, bufasha Abanyarwanda gukira ibikomere nk'imwe mu nzitizi zibangamiye ubumwe n'ubudaheranwa kuko iyo umuntu ahungabanye, adatekanye, adashobora kubana neza n'abandi cyangwa ngo yiteze imbere.
Kugira ngo ubumwe n'ubudaheranwa bukomeze gutera imbere, ni ngombwa guhuza imbaraga no kongera ingufu muri gahunda z'isanamitima n'inyigisho zigamije guhindura imyumvire biganisha ku mibereho n'imibanire myiza y'Abanyarwnada, bigakorwa mu byiciro byose by'Abanyarwanda.
Asoza iyi nama, Umunyamabanga Uhoraho Mahoro Eric yasabye buri mufatanyabikorwa gufata iya mbere mu gukurikiza iyi mirongo ngenderwaho, abizeza ubufatanye bwa MINUBUMWE mu rugendo rwo kubaka Ubumwe n'Ubudaheranwa bw'Abanyarwanda.
On 25 November 2025, Permanent Secretary Eric Mahoro joined stakeholders to reflect on the results of the “Reinforcing Community Capacity for Social…
Ku wa 18 Gicurasi 2025, Minisitiri Dr Bizimana Jean Damascene yifatanyije n’abaturage b’Uturere twa Nyabihu na Rubavu mu Kwibuka ku nshuro ya 31…
Ku wa 17 Gicurasi 2025, Minisitiri Dr Bizimana Jean Damascene n’abandi bayobozi, bifatanyije n’abaturage b’Akarere ka Rulindo, mu gikorwa cyo Kwibuka…
Ku wa 15 Gicurasi 2025, Minisitiri Dr Bizimana Jean Damascene yitabiriye igikorwa cyo Kwibuka ku nshuro ya 31 Jenoside yakorewe Abatutsi cyateguwe…
Ku wa 3 Gicurasi 2025, Minisitiri Dr Bizimana Jean Damascene n’abandi bayobozi, bifatanyije n’abaturage b’Akarere ka Nyamagabe mu Kwibuka ku nshuro ya…
The Executive Director of the Memory and Genocide Prevention Department, Veneranda Ingabire, delivered a keynote address at the 31st commemoration of…
Ku wa 27 Mata 2025, Minisitiri Dr Bizimana Jean Damascene yifatanyije n’abaturage b’Akarere ka Nyanza mu Kwibuka ku nshuro ya 31 Jenoside yakorewe…
Ku wa 26 Mata 2025, Minisitiri Dr Bizimana Jean Damascene n’abandi bayobozi, bifatanyije n’abaturage b’Akarere ka Kamonyi mu Kwibuka ku nshuro ya 31…
Ku wa 25 Mata 2025, muri Intare Conference Arena habereye ihuriro ry’Urubyiruko rizwi nk’Igihango cy’Urungano, rigamije kwibuka urubyiruko rwazize…