Minisitiri BIZIMANA yasabye Intagamburuzwa za AERG guharanira kuba imfura

Ku wa Kane tariki ya 17 Werurwe 2022, Minisitiri w’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu yasoje Itorero ry’Intagamburuzwa  za AERG icyiciro cya 7 ryaberaga I Nkumba mu kigo cyigisha Ubutore.

Ubwo yasozaga ku mugaragaro itorero bari bamazemo icyumweru batozwa indangagaciro zitandukanye zizabaranga mu rwego rwo kubaka igihugu kizira ivangura n’ingengabitekerezo ya Jenoside yifashishije indirimbo ya Rugamba Cyprien igira iti “Ntumpeho”, yasabye izo Ntore kuba imfura aho kutarenga nyirantarengwa, aho yababwiye ko kunyuranya n’ibyo byaba ari ugukora ishyano. Yagize ati: “Gukora ishyano ni ugukora ibidakorwa, ni ugukora ibizira mu muco nyarwanda, ni ukurenga nyirantarengwa. Mwebwe rero urubyiruko, inkumi n’abasore ntimuzarenge nyirantarengwa, ntimuzakore ishyano ahubwo muzabe imfura”.

Yongeyeho ko imfura ari umuntu udakosa, utagira umugayo, urangwa n’ibyiza gusa, n’ubwo muri kamere ya muntu hataburamo guteshuka. Yabasabye kutaba ba nyamwigendaho ko ahubwo bakwiye gukomeza ubufatanye bavanye mu itorero bakabukomereza muri AERG no hanze yayo mu mashuri no mu kazi bityo imbaraga zikaba nyinshi zikarengera igihugu.

Yabibukije kuzahigura imihigo bahigiye mu itorero mu bufatanye irimo kurwanya abahakana n’abapfobya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994,  kwitangira igihugu aho bibaye ngombwa, gukunda umurimo no gukorera igihugu,  kuko utazi iyo ava atamenya iyo ajya.

Intore ziyemeje kubyaza umusaruro wubaka igihugu n’Abanyarwanda ubumenyi zaherewe mu Itorero, ziyemeza cyane cyane kuba ingabo zirwanira kuri murandasi, zihangana n’abahakana ndetse n’abapfobya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

Iri Torero ryari rifite insanganyamatsiko igira iti “Ubudaheranwa, inkingi yo kwigira nyako” akaba ari icyiciro cya karindwi kigizwe n’abasore n’inkumi 382, naho mu byiciro bitandatu byitabiriye iryo torero mu myaka ishize kugeza ubu byanyuzemo intore zigera ku 2000.

Topics


Reflecting on achievements of the “Reinforcing Community Capacity for Social Cohesion and Reconciliation through Societal Healing” program

On 25 November 2025, Permanent Secretary Eric Mahoro joined stakeholders to reflect on the results of the “Reinforcing Community Capacity for Social…

Read more →

Bigogwe yabaye indiri y’itegurwa rya Jenoside yakorewe Abatutsi – Min. Dr Bizimana

Ku wa 18 Gicurasi 2025, Minisitiri Dr Bizimana Jean Damascene yifatanyije n’abaturage b’Uturere twa Nyabihu na Rubavu mu Kwibuka ku nshuro ya 31…

Read more →

Umugambi wa Jenoside yakorewe Abatutsi watangiye mu 1990 – Min. Dr Bizimana

Ku wa 17 Gicurasi 2025, Minisitiri Dr Bizimana Jean Damascene n’abandi bayobozi, bifatanyije n’abaturage b’Akarere ka Rulindo, mu gikorwa cyo Kwibuka…

Read more →

Ntidukwiye kugira abana imbata y'amateka mabi twanyuzemo tubahisha ukuri – Min. Dr Bizimana

Ku wa 15 Gicurasi 2025, Minisitiri Dr Bizimana Jean Damascene yitabiriye igikorwa cyo Kwibuka ku nshuro ya 31 Jenoside yakorewe Abatutsi cyateguwe…

Read more →

Amahoro dukesha Inkotanyi tuyasigasire – Min. Dr Bizimana

Ku wa 3 Gicurasi 2025, Minisitiri Dr Bizimana Jean Damascene n’abandi bayobozi, bifatanyije n’abaturage b’Akarere ka Nyamagabe mu Kwibuka ku nshuro ya…

Read more →

Kwibuka 31: Ingabire Warns of Rising Genocide Ideology at U.S. Embassy Event

The Executive Director of the Memory and Genocide Prevention Department, Veneranda Ingabire, delivered a keynote address at the 31st commemoration of…

Read more →

Habyarimana Juvenal yatangiye gutoteza Abatutsi mu 1965 – Min. Dr Bizimana

Ku wa 27 Mata 2025, Minisitiri Dr Bizimana Jean Damascene yifatanyije n’abaturage b’Akarere ka Nyanza mu Kwibuka ku nshuro ya 31 Jenoside yakorewe…

Read more →

Ubutegetsi buriho butabishatse jenoside ntitegurwa kandi ntiba – Min. Dr Bizimana

Ku wa 26 Mata 2025, Minisitiri Dr Bizimana Jean Damascene n’abandi bayobozi, bifatanyije n’abaturage b’Akarere ka Kamonyi mu Kwibuka ku nshuro ya 31…

Read more →

Igihango cy’Urungano: Min. Dr Bizimana yasabye urubyiruko kurwanya ababiba urwango

Ku wa 25 Mata 2025, muri Intare Conference Arena habereye ihuriro ry’Urubyiruko rizwi nk’Igihango cy’Urungano, rigamije kwibuka urubyiruko rwazize…

Read more →
-->