Minisitiri BIZIMANA Jean Damascène yatangije Urugerero rw’Inkomezabigwi icyiciro cya Cyenda

Kuri uyu wa Mbere tariki ya 14/03/2022 hirya no hino mu gihugu hatangijwe Urugerero rudaciye ingando icyiciro cya Cyenda (9)  ruhuza abanyeshuri barangije amashuri yisumbuye mu mwaka w’amashuri 2020/2021.  Uru rugerero rufite insanganyamatsiko igira iti: “Duhamye umuco w’ubutore ku rugerero rwo kwigira

Igikorwa cyo gutangiza urugerero ku rwego rw’igihugu cyabereye mu Karere ka Rubavu ahiswe “Komine Rouge” mu gihe cya Jenoside ahakozwe umuganda wo gukora isuku ku Rwibutso rwa Jenoside  yakorewe Abatutsi . Intore n’abatoza batemeye ubusitani , batera ibiti n’indabo z’ubwiza ku rwibutso.

Nyuma y’umuganda,  Minisitiri w’Ubumwe bw’Abanyarwwanda n’Inshingano Mboneragihugu  Dr.  Jean Damascène BIZIMANA yahaye intore z’Inkomezabigwi icyiciro cya 9 ubutumwa burebana n’indangagaciro zigomba kubaranga mu gihe cy’urugerero ndetse na nyuma yaho mu buzima bwa buri munsi.

Yababwiye ko Urugerero rurimo ibice bibiri aribyo: guhamya umuco w’ubutore  kuko intore bivuga  umuntu w’indashyikirwa, usumba abandi, utagira icyasha  kandi urangwa n’ishyaka, n’Urugerero rwo kwigira kuko u Rwanda ruzazamurwa n’Abanyarwanda ubwabo. Yagize ati: “Ntabwo tuzahora duteze amaso, amatwi, n’amaboko amahanga, ahubwo amahanga tugomba gufatanya ariko nitwe tugomba kwigira, nitwe tugomba kwishakamo ibisubizo, nitwe tugomba kwiteza imbere, kandi nitwe tugomba kwiyubakira igihugu no kukirinda”.

Yabasabye guharanira  ubumwe bakabugira ubwabo, bakabugirana hagati yabo n’imiryango yabo kandi bakabugirana n’igihugu. Mu zindi ndangagaciro yabakanduriye kugira no kwimakaza harimo Kugira ubupfura aribyo kugira ubugwaneza no kwanga umugayo, Kugira ishyaka  aribyo gukora ibyo wiyemeje neza kandi mu gihe gito, Kugira ubwangamugayo aribyo  kutagira ubusembwa ubwo aribwo bwose, Kugira ubwitange n’ubufatanye, ubushishozi kuko bizabafasha gutoranya iby’ingenzi byo gukora nta guhubuka kandi bagakora amahitamo akwiye aganisha u Rwanda aheza.

Mu bikorwa biteganyijwe gukorwa muri uru rugerero harimo: kwita ku bikorwaremezo, gufasha muri gahunda zo kwitegura Kwibuka ku nshuro ya 28 Jenoside yakorewe Abatutsi, gukangurira abaturage igikorwa cyo kwirinda Covid-19 no
kwikingiza, gufasha muri gahunda z’uburezi no guca ubuzererezi, kubungabunga ibidukikije, gufasha kumva imikoreshereze y’ikoranabuhanga , gutoza ubuhanzi butoza ishyaka ry’u Rwanda, n’ibindi. Biteganyijwe ko uru rugerero ruzasoza tariki ya 25 Gicurasi 2022.

Topics


Reflecting on achievements of the “Reinforcing Community Capacity for Social Cohesion and Reconciliation through Societal Healing” program

On 25 November 2025, Permanent Secretary Eric Mahoro joined stakeholders to reflect on the results of the “Reinforcing Community Capacity for Social…

Read more →

Bigogwe yabaye indiri y’itegurwa rya Jenoside yakorewe Abatutsi – Min. Dr Bizimana

Ku wa 18 Gicurasi 2025, Minisitiri Dr Bizimana Jean Damascene yifatanyije n’abaturage b’Uturere twa Nyabihu na Rubavu mu Kwibuka ku nshuro ya 31…

Read more →

Umugambi wa Jenoside yakorewe Abatutsi watangiye mu 1990 – Min. Dr Bizimana

Ku wa 17 Gicurasi 2025, Minisitiri Dr Bizimana Jean Damascene n’abandi bayobozi, bifatanyije n’abaturage b’Akarere ka Rulindo, mu gikorwa cyo Kwibuka…

Read more →

Ntidukwiye kugira abana imbata y'amateka mabi twanyuzemo tubahisha ukuri – Min. Dr Bizimana

Ku wa 15 Gicurasi 2025, Minisitiri Dr Bizimana Jean Damascene yitabiriye igikorwa cyo Kwibuka ku nshuro ya 31 Jenoside yakorewe Abatutsi cyateguwe…

Read more →

Amahoro dukesha Inkotanyi tuyasigasire – Min. Dr Bizimana

Ku wa 3 Gicurasi 2025, Minisitiri Dr Bizimana Jean Damascene n’abandi bayobozi, bifatanyije n’abaturage b’Akarere ka Nyamagabe mu Kwibuka ku nshuro ya…

Read more →

Kwibuka 31: Ingabire Warns of Rising Genocide Ideology at U.S. Embassy Event

The Executive Director of the Memory and Genocide Prevention Department, Veneranda Ingabire, delivered a keynote address at the 31st commemoration of…

Read more →

Habyarimana Juvenal yatangiye gutoteza Abatutsi mu 1965 – Min. Dr Bizimana

Ku wa 27 Mata 2025, Minisitiri Dr Bizimana Jean Damascene yifatanyije n’abaturage b’Akarere ka Nyanza mu Kwibuka ku nshuro ya 31 Jenoside yakorewe…

Read more →

Ubutegetsi buriho butabishatse jenoside ntitegurwa kandi ntiba – Min. Dr Bizimana

Ku wa 26 Mata 2025, Minisitiri Dr Bizimana Jean Damascene n’abandi bayobozi, bifatanyije n’abaturage b’Akarere ka Kamonyi mu Kwibuka ku nshuro ya 31…

Read more →

Igihango cy’Urungano: Min. Dr Bizimana yasabye urubyiruko kurwanya ababiba urwango

Ku wa 25 Mata 2025, muri Intare Conference Arena habereye ihuriro ry’Urubyiruko rizwi nk’Igihango cy’Urungano, rigamije kwibuka urubyiruko rwazize…

Read more →
-->