Min. Dr Bizimana yasabye abarimu b’amateka kuba umwe no kureba kure
Kuri uyu wa 18 Nzeri 2024, Minisitiri Dr Bizimana Jean Damascene yaganirije abarimu bigisha amateka bari mu mahugurwa i Nkumba, ku mateka y’isenyuka ry’ubumwe bw’Abanyarwanda n’iyinjizwa ry’ingengabitekerezo ya Jenoside mu Rwanda (1900-1994).
Yabibukije ko bafite inshingano yo kumenya amateka yaranze u Rwanda no kuyigisha abana, kuba umwe, gukora neza inshingano zabo no kureba kure nk’uko Nyakubahwa Perezida wa Repubulika ahora abidushishikariza.
Mu kiganiro yabahaye cy’amateka, yerekanye ko mbere y'ubukoloni Abanyarwanda bari bunze ubumwe, bahuriye ku muco, ururimi n'ubuyobozi bibonamo, ibi bikomwa mu nkokora na politiki y'abakoloni baciyemo ibice Abanyarwanda binyuze mu gukuraho Itorero ry'Igihugu, gushyiraho ikiboko, indangamuntu zirimo amoko (ibuku) n'ibindi.
Yagaragaje ko iyo politiki y'ivangura n'amacakubiri yavomerewe n'abategetsi ba Repubulika ya Mbere n'iya Kabiri bimakaje gutoteza Abatutsi no kubapyinagaza mu buryo bwose bushoboka.
Yasoje asaba abarezi n’ababyeyi kuzirikana inshingano bafite yo kumenya amateka yaranze u Rwanda no kuyigisha abana; tukayaheraho dukomeza gukosora no kurinda ibyiza u Rwanda rumaze kubaka nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi.
Yerekanye ko ibyo bisaba guhindura imyumvire no kujyana n’igihe tugezemo cy’icyerecyezo 2050. Gahunda 2050 iteganya ko Kubaka u Rwanda twifuza rufite iterambere rirambye bikeneye kubakira ku muco nyarwanda no ku ndangagaciro zawo.
Yakanguriye abarezi kurangwa n’imyumvire igamije guhindura amatwara (progressive mindset), bakajyana n’igihe tugezemo gishingiye ku bumwe bw’Abanyarwanda, kandi ishyira inyungu z’igihugu imbere y’inyungu bwite.
On 25 November 2025, Permanent Secretary Eric Mahoro joined stakeholders to reflect on the results of the “Reinforcing Community Capacity for Social…
Ku wa 18 Gicurasi 2025, Minisitiri Dr Bizimana Jean Damascene yifatanyije n’abaturage b’Uturere twa Nyabihu na Rubavu mu Kwibuka ku nshuro ya 31…
Ku wa 17 Gicurasi 2025, Minisitiri Dr Bizimana Jean Damascene n’abandi bayobozi, bifatanyije n’abaturage b’Akarere ka Rulindo, mu gikorwa cyo Kwibuka…
Ku wa 15 Gicurasi 2025, Minisitiri Dr Bizimana Jean Damascene yitabiriye igikorwa cyo Kwibuka ku nshuro ya 31 Jenoside yakorewe Abatutsi cyateguwe…
Ku wa 3 Gicurasi 2025, Minisitiri Dr Bizimana Jean Damascene n’abandi bayobozi, bifatanyije n’abaturage b’Akarere ka Nyamagabe mu Kwibuka ku nshuro ya…
The Executive Director of the Memory and Genocide Prevention Department, Veneranda Ingabire, delivered a keynote address at the 31st commemoration of…
Ku wa 27 Mata 2025, Minisitiri Dr Bizimana Jean Damascene yifatanyije n’abaturage b’Akarere ka Nyanza mu Kwibuka ku nshuro ya 31 Jenoside yakorewe…
Ku wa 26 Mata 2025, Minisitiri Dr Bizimana Jean Damascene n’abandi bayobozi, bifatanyije n’abaturage b’Akarere ka Kamonyi mu Kwibuka ku nshuro ya 31…
Ku wa 25 Mata 2025, muri Intare Conference Arena habereye ihuriro ry’Urubyiruko rizwi nk’Igihango cy’Urungano, rigamije kwibuka urubyiruko rwazize…