Kwibuka30: PS Mahoro yagaragaje imizi ya Jenoside yakorewe Abatutsi no kongera kwiyubaka k’u Rwanda
Kuri uyu wa 7 Kamena 2024, Umunyamabanga Uhoraho Mahoro Eric yaganirije urubyiruko ruharanira kubaka amahoro rurimo urwo mu Rwanda, Uganda na Repulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ku mateka yagejeje kuri Jenoside yakorewe Abatutsi, ingaruka zayo, ibyagezweho mu kubaka u Rwanda rushya, n’uruhare rw’urubyiruko mu kubaka amahoro.
Ni igikorwa cyabereye mu Karere ka Rubavu cyateguwe n’umuryango utari uwa Leta Vision Jeunnesse Nouvelle.
Yagaragaje uruhare rw’abakoloni n’abamisiyoneri ba Kiliziya Gatolika mu gucamo ibice Abanyarwanda, uko urwango babibye rwavomerewe n’ubutegetsi bwa Kayibanda na Habyarimana, bimika irondakarere n’irondabwoko, bashishikariza Abahutu kwanga Abatutsi mu buryo bwose bushoboka.
Yabasabye gushyigikira amahame remezo y’imiyoborere Leta y’Ubumwe yubakiyeho arimo gukumira no guhana icyaha cya jenoside, kurwanya ihakana n’ipfobya bya jenoside no kurandura burundu ingengabitekerezo ya jenoside n’ibyo igaragariramo byose.
Yabashishikarije kwimakaza gahunda ya Ndi Umunyarwanda barwanya ibyonnyi by’ubumwe bw’Abanyarwanda birimo ingengabitekerezo ishingiye ku ivanguramoko ikigaragara, n’imvugo zibiba urwango zihamagarira kwica Abatutsi zigaragara mu Karere u Rwanda ruherereyemo.
Yasoje abasaba kugira uruhare mu iterambere ry’Igihugu bihatira kumenya amateka y'u Rwanda, barwanya ivangura n’amacakubiri, barangwa no kwimakaza indangagaciro z’umuco nyarwanda zirimo gukunda Igihugu, ubumwe, ubupfura no gukunda umurimo.
On 25 November 2025, Permanent Secretary Eric Mahoro joined stakeholders to reflect on the results of the “Reinforcing Community Capacity for Social…
Ku wa 18 Gicurasi 2025, Minisitiri Dr Bizimana Jean Damascene yifatanyije n’abaturage b’Uturere twa Nyabihu na Rubavu mu Kwibuka ku nshuro ya 31…
Ku wa 17 Gicurasi 2025, Minisitiri Dr Bizimana Jean Damascene n’abandi bayobozi, bifatanyije n’abaturage b’Akarere ka Rulindo, mu gikorwa cyo Kwibuka…
Ku wa 15 Gicurasi 2025, Minisitiri Dr Bizimana Jean Damascene yitabiriye igikorwa cyo Kwibuka ku nshuro ya 31 Jenoside yakorewe Abatutsi cyateguwe…
Ku wa 3 Gicurasi 2025, Minisitiri Dr Bizimana Jean Damascene n’abandi bayobozi, bifatanyije n’abaturage b’Akarere ka Nyamagabe mu Kwibuka ku nshuro ya…
The Executive Director of the Memory and Genocide Prevention Department, Veneranda Ingabire, delivered a keynote address at the 31st commemoration of…
Ku wa 27 Mata 2025, Minisitiri Dr Bizimana Jean Damascene yifatanyije n’abaturage b’Akarere ka Nyanza mu Kwibuka ku nshuro ya 31 Jenoside yakorewe…
Ku wa 26 Mata 2025, Minisitiri Dr Bizimana Jean Damascene n’abandi bayobozi, bifatanyije n’abaturage b’Akarere ka Kamonyi mu Kwibuka ku nshuro ya 31…
Ku wa 25 Mata 2025, muri Intare Conference Arena habereye ihuriro ry’Urubyiruko rizwi nk’Igihango cy’Urungano, rigamije kwibuka urubyiruko rwazize…