Kwibuka30: Min. Dr Bizimana yagaragaje uburemere bwa Jenoside yakozwe ku wa 21 Mata 1994

Kuri uyu wa 21 Mata 2024, Minisitiri Dr Bizimana Jean Damascene n'abandi bayobozi n'abaturage, bunamiye inzirakarengane zisaga ibihumbi 50 bazize Jenoside yakorewe Abatutsi bashyinguye mu Rwibutso rwa Murambi.

Mu ijambo rye, yagaragaje uburemere bwa Jenoside yakozwe ku wa 21 Mata 1994. Ni wo munsi wishweho Abatutsi benshi icya rimwe mu Gihugu barenga ibihumbi 250 Murambi, Cyanika, Kaduha, Karama, Nyanza, Cyarwa-Tumba, Kinazi n’ahandi.

Yasobanuye amateka ya Murambi iri mu yahoze ari Perefegitura ya Gikongoro yaranzwemo Jenoside ya mbere mu Kuboza 1963, yavuzwe ityo n’abanyamahanga bakoraga mu Rwanda, abamisiyoneri bari mu Cyanika, Kaduha no ku Kigeme.

Ubwo bwicanyi kandi bwemejwe ko ari Jenoside n'ibinyamakuru birenga 20 byo mu Bufaransa, Ubwongereza, Ububiligi, Vaticani, ba Ambasaderi b’Ububiligi n’Ubufransa bari mu Rwanda, Umuryango Mpuzamahanga utabara Imbabare (CICR) n'abandi.

Abo bose bavuze ko ubwicanyi bwo ku Gikongoro buri ku ntera ya Jenoside yahitanye abagabo, abagore n’abana b’Abatutsi bishwe batemwe, gutwikirwa mu mazu, gutabwa mu nzuzi za Rukarara na Mwogo n’ubundi bugome. Ubwo bugome ni bwo bwagaruwe muri 1994.

Minisitiri Dr Bizimana yagaragaje kandi uburyo ipfobya n’ihakana rya Jenoside rifite inkomoko mu yahoze ari Gikongoro. Guverinoma n’Inteko Ishinga Amategeko yari iyobowe na Makuza Anastase uvuka ku Gikongoro na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga Lazaro Mpakaniye, ku mabwiriza ya Perezida Kayibanda batangiye gahunda ndende yo kuyobora ibikorwa by’ipfobya n’ihakana ry’iyi Jenoside yo hambere.

Yagaragaje uburyo Gikongoro ubu yavuyumo Uturere twa Nyamagabe na Nyaruguru tuza ku isonga z’ahenshi mu hiciwe Abatutsi benshi kuko Nyamagabe ni Akarere ka 2 gafite imiryango y’Abatutsi yazimye burundu naho Nyaruguru ikaba iya 6.

Yasobanuye akamaro ko kuba Urwibutso rwa Murambi rwarinjijwe mu Murage w’Isi wa UNESCO, bikerekana akamaro Isi yashyize mu kubungabunga amateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi.

Yasabye abaturage gufata neza urwibutso rwabo, kurusura no kwigisha abato amateka baharanira ko icyasenye ubumwe bwacu kigatera Jenoside gicika burundu mu Rwanda.

Mu Rwibutso rwa Murambi, uyu munsi hashyinguwe imibiri 158 yimuwe ikuwe mu Rwibutso rwa Kamegeri rwahujwe n'urwa Murambi, n'imibiri ine yabonetse mu minsi ishize.

Topics


Reflecting on achievements of the “Reinforcing Community Capacity for Social Cohesion and Reconciliation through Societal Healing” program

On 25 November 2025, Permanent Secretary Eric Mahoro joined stakeholders to reflect on the results of the “Reinforcing Community Capacity for Social…

Read more →

Bigogwe yabaye indiri y’itegurwa rya Jenoside yakorewe Abatutsi – Min. Dr Bizimana

Ku wa 18 Gicurasi 2025, Minisitiri Dr Bizimana Jean Damascene yifatanyije n’abaturage b’Uturere twa Nyabihu na Rubavu mu Kwibuka ku nshuro ya 31…

Read more →

Umugambi wa Jenoside yakorewe Abatutsi watangiye mu 1990 – Min. Dr Bizimana

Ku wa 17 Gicurasi 2025, Minisitiri Dr Bizimana Jean Damascene n’abandi bayobozi, bifatanyije n’abaturage b’Akarere ka Rulindo, mu gikorwa cyo Kwibuka…

Read more →

Ntidukwiye kugira abana imbata y'amateka mabi twanyuzemo tubahisha ukuri – Min. Dr Bizimana

Ku wa 15 Gicurasi 2025, Minisitiri Dr Bizimana Jean Damascene yitabiriye igikorwa cyo Kwibuka ku nshuro ya 31 Jenoside yakorewe Abatutsi cyateguwe…

Read more →

Amahoro dukesha Inkotanyi tuyasigasire – Min. Dr Bizimana

Ku wa 3 Gicurasi 2025, Minisitiri Dr Bizimana Jean Damascene n’abandi bayobozi, bifatanyije n’abaturage b’Akarere ka Nyamagabe mu Kwibuka ku nshuro ya…

Read more →

Kwibuka 31: Ingabire Warns of Rising Genocide Ideology at U.S. Embassy Event

The Executive Director of the Memory and Genocide Prevention Department, Veneranda Ingabire, delivered a keynote address at the 31st commemoration of…

Read more →

Habyarimana Juvenal yatangiye gutoteza Abatutsi mu 1965 – Min. Dr Bizimana

Ku wa 27 Mata 2025, Minisitiri Dr Bizimana Jean Damascene yifatanyije n’abaturage b’Akarere ka Nyanza mu Kwibuka ku nshuro ya 31 Jenoside yakorewe…

Read more →

Ubutegetsi buriho butabishatse jenoside ntitegurwa kandi ntiba – Min. Dr Bizimana

Ku wa 26 Mata 2025, Minisitiri Dr Bizimana Jean Damascene n’abandi bayobozi, bifatanyije n’abaturage b’Akarere ka Kamonyi mu Kwibuka ku nshuro ya 31…

Read more →

Igihango cy’Urungano: Min. Dr Bizimana yasabye urubyiruko kurwanya ababiba urwango

Ku wa 25 Mata 2025, muri Intare Conference Arena habereye ihuriro ry’Urubyiruko rizwi nk’Igihango cy’Urungano, rigamije kwibuka urubyiruko rwazize…

Read more →
-->