Itorero Indangamirwa icyiciro cya 13 ryasojwe

Kuwa Gatanu tariki ya 25 Kanama 2023, Minisitiri w’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu (MINUBUMWE) Dr. Bizimana Jean Damascene, yitabiriye umuhango wo gusoza Itorero ry’indangamirwa icyiciro cya 13, ryabereye mu Kigo cy’Ubutore cya Nkumba mu Karere ka Burera. Umushyitsi mukuru muri uyu muhango yari Nyakubahwa Perezida wa Repubulika Paul Kagame.

Iri torero ryatangiye tariki 14 Nyakanga 2023 ryitabirirwa n'urubyiruko 412 rurimo abiga mu mahanga, abiga mu mashuri mpuzamahanga yo mu Rwanda, ababaye indashyikirwa ku Rugerero rw’Inkomezabigwi n’abayobozi b’urubyiruko bahagarariye abandi.

Muri iri torero Intore zahawe amasomo y’ubumenyi bw’ibanze mu bya gisirikari yatangiwe mu Kigo cya Mukamira, bakaba barayishimiye cyane. Intore kandi zahawe ibiganiro birimo amateka y’u Rwanda, indangagaciro na kirazira bishingiye ku muco nyarwanda, uburere mboneragihugu, ubumwe bw’Abanyarwanda, icyerekezo cy’Igihugu 2050 n’imikoreshereze y’imbuga nkoranyambaga.

Mu rwego rwo kurushaho kumenya amateka yaranze u Rwanda, Intore zakoze ingendoshuri, zijya ku Mulindi zisura Ingoro ndangamateka yo kubohora Igihugu, zisura Urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi rwa Kigali, n’Ingoro y’amateka y’urugamba rwo guhagarika Jenoside. Izi ngendoshuri zabafashije kumva neza ubutwari bw’urubyiruko, ubwitange n’uruhare rwabo mu gusigasira ibyagezweho.

Minisitiri Dr Bizimana mu ijambo yagejeje kuri Perezida Paul Kagame n’ababyeyi, yatangaje ko Indangamirwa icyiciro cya 13 ari cyo cyiciro cya mbere gitorejwe mu Kigo cy’Ubutore cya Nkumba, yifuza ko n’ibyiciro byose bizakurikira bizatorezwa muri icyo Kigo, kuko gifite amacumbi yakira abantu 1076.

Yagaragaje ko nubwo hakiri imbogamizi zo kugira amacumbi ahagije, ndetse n’ibyangombwa byose intore n’abatoza n’abatozwa bakeneye, guhera muri uyu mwaka wa 2023/24 Minisiteri yiyemeje kugira ibyiciro by’Itorero bihoraho, bizajya bibera mu Kigo cy’Ubutore cya Nkumba.

Minisitiri yasoje  asaba ibigo byose, byaba ibya Leta n’iby’abikorera, amadini n’imiryango itari iya Leta, ko ubufatanye mu gutoza abakozi n’abanyamuryango babo, bigahora muri gahunda ihoraho y’igenamigambi rya buri mwaka.

Topics


Reflecting on achievements of the “Reinforcing Community Capacity for Social Cohesion and Reconciliation through Societal Healing” program

On 25 November 2025, Permanent Secretary Eric Mahoro joined stakeholders to reflect on the results of the “Reinforcing Community Capacity for Social…

Read more →

Bigogwe yabaye indiri y’itegurwa rya Jenoside yakorewe Abatutsi – Min. Dr Bizimana

Ku wa 18 Gicurasi 2025, Minisitiri Dr Bizimana Jean Damascene yifatanyije n’abaturage b’Uturere twa Nyabihu na Rubavu mu Kwibuka ku nshuro ya 31…

Read more →

Umugambi wa Jenoside yakorewe Abatutsi watangiye mu 1990 – Min. Dr Bizimana

Ku wa 17 Gicurasi 2025, Minisitiri Dr Bizimana Jean Damascene n’abandi bayobozi, bifatanyije n’abaturage b’Akarere ka Rulindo, mu gikorwa cyo Kwibuka…

Read more →

Ntidukwiye kugira abana imbata y'amateka mabi twanyuzemo tubahisha ukuri – Min. Dr Bizimana

Ku wa 15 Gicurasi 2025, Minisitiri Dr Bizimana Jean Damascene yitabiriye igikorwa cyo Kwibuka ku nshuro ya 31 Jenoside yakorewe Abatutsi cyateguwe…

Read more →

Amahoro dukesha Inkotanyi tuyasigasire – Min. Dr Bizimana

Ku wa 3 Gicurasi 2025, Minisitiri Dr Bizimana Jean Damascene n’abandi bayobozi, bifatanyije n’abaturage b’Akarere ka Nyamagabe mu Kwibuka ku nshuro ya…

Read more →

Kwibuka 31: Ingabire Warns of Rising Genocide Ideology at U.S. Embassy Event

The Executive Director of the Memory and Genocide Prevention Department, Veneranda Ingabire, delivered a keynote address at the 31st commemoration of…

Read more →

Habyarimana Juvenal yatangiye gutoteza Abatutsi mu 1965 – Min. Dr Bizimana

Ku wa 27 Mata 2025, Minisitiri Dr Bizimana Jean Damascene yifatanyije n’abaturage b’Akarere ka Nyanza mu Kwibuka ku nshuro ya 31 Jenoside yakorewe…

Read more →

Ubutegetsi buriho butabishatse jenoside ntitegurwa kandi ntiba – Min. Dr Bizimana

Ku wa 26 Mata 2025, Minisitiri Dr Bizimana Jean Damascene n’abandi bayobozi, bifatanyije n’abaturage b’Akarere ka Kamonyi mu Kwibuka ku nshuro ya 31…

Read more →

Igihango cy’Urungano: Min. Dr Bizimana yasabye urubyiruko kurwanya ababiba urwango

Ku wa 25 Mata 2025, muri Intare Conference Arena habereye ihuriro ry’Urubyiruko rizwi nk’Igihango cy’Urungano, rigamije kwibuka urubyiruko rwazize…

Read more →
-->