Intagamburuzwa za RICA ziratozwa indangagaciro na kirazira z’umuco nyarwanda

Kuva kuwa 26 Kanama 2023, mu ishuri rikuru rya Rwanda Institute for Conservation Agriculture (RICA) riherereye mu Karere ka Bugesera, harabera Itorero Intagamburuzwa za RICA icyiciro cya 3.

Kuva 2021, abanyeshuri bose baje kwiga mu mwaka wa mbere muri iri shuri ryigisha ubuhinzi n’ubworozi bubungabunga ibidukikije, babanza gukora Itorero mbere yo gutangira amasomo yabo, nyuma y’umwanzuro wafashwe n’ubuyobozi bw’ishuri bushingiye ku myifatire mbonera yagarajwe n’Intore zitabiriye Itorero Indangamirwa 2019.

Ni muri urwo rwego RICA ifatanyije na MINUBUMWE bateguye iri Torero ry’Intagamburuzwa za RICA icyiciro cya 3, rigenewe abanyeshuri bashya batsindiye kandi bemererwa kwiga muri iryo shuri mu mwaka wa 2023-2024.

Aritangiza ku mugaragaro kuwa 28 Kanama 2023, Umunyamabanga Uhoraho Munezero Clarisse yasabye abasore n’inkumi 84 baryitabiriye, kwimakaza indangagaciro na kirazira by’umuco nyarwanda, byo musingi w’iterambere rirambye, abibutsa ko nk’urubyiruko ari bo u Rwanda ruhanze amaso.

Ati, « Iri torero twaje gutangiza rigamije kubafasha mwebwe abaryitabiriye kugira indangagaciro na kirazira by’umuco nyarwanda. Indangagaciro muzavana muri iri Torero zizabafasha kubaho neza mwebwe ubwanyu, zibafashe kubana neza hagati yanyu hano ku ishuri ndetse no mu miryango yanyu. »

Yababwiye ko mu gihe cy’iminsi 10 bazamara mu Itorero, bazahabwa ibiganiro bitandukanye bizabafasha gusobanukirwa amateka y’Igihugu no kuyarinda, kumenya icyerekezo cy’Igihugu n’uruhare rwabo mu kukigeraho ndetse no kurangwa n’umuco w’ubutore.

Yabibukije ko urubyiruko rwihariye umubare munini w’Abanyarwanda, ababwira ko ari imbaraga z’Igihugu, bityo ko bakwiye kwiga amateka nyakuri y’u Rwanda kugira ngo bibafashe kunyomoza abashaka kuyavuga uko atari.

Mu bindi yabasabye harimo gusobanukirwa Icyerekezo 2050 cy’Igihugu kigaragaza aho Abanyarwanda biyemeje kugera, no kurwanya ibiyobyabwenge n’ingeso mbi z’ubusinzi n’ubuzererezi bigaragara mu rubyiruko.

Ibiganiro izi Ntore zateguriwe ni ibi bikurikira:

  • Itorero mu Rwanda, Isoko tuvomamo Indangagaciro n'ishyaka ry'u Rwanda;
  • Amateka y’isenyuka ry’Ubunyarwanda n’amahitamo ya Ndi Umunyarwanda;
  • Indangagaciro urubyiruko ruvoma mu murage w'u Rwanda;
  • Intekerezo shingiro y’imiyoborere y’u Rwanda kuva mu 1994; 
  • Uruhare rw’Intagamburuzwa mu kurwanya ingengabitekerezo ya Jenoside;
  • Uruhare rw’Urubyiruko mu nshingano mboneragihugu;
  • Gusobanukirwa icyerekezo 2050 ndetse n’uruhare rw’ikoranabuhanga muri icyo cyerekezo;
  • Uruhare rw’Urubyiruko mu buhinzi n’ubworozi bugeza  u Rwanda ku rwego rw’Ibihugu biteye imbere (middle income countries);
  • Imitekerereze n'isesengura biganisha ku byemezo n'amahitamo akwiye ku rubyiruko rwiga muri Kaminuza;
  • Umurage urubyiruko ruvoma mu Ndangagaciro za RPA /RDF mu rugamba rwo kubohora u Rwanda, guhagarika Jenoside no kubaka u Rwanda twifuza.

Usibye ibiganiro, ubundi buryo bw’imitoreze bukoreshwa mu guhugura uru rubyiruko harimo imyitozo ngororamubiri, akarasisi ka gisirikare n’intambwe y’Intore, imikoro n’imikoro-ngiro no gutarama no guhiga.

Biteganyijwe ko iri Torero rizasozwa tariki 6 Nzeri 2023.

Topics


Reflecting on achievements of the “Reinforcing Community Capacity for Social Cohesion and Reconciliation through Societal Healing” program

On 25 November 2025, Permanent Secretary Eric Mahoro joined stakeholders to reflect on the results of the “Reinforcing Community Capacity for Social…

Read more →

Bigogwe yabaye indiri y’itegurwa rya Jenoside yakorewe Abatutsi – Min. Dr Bizimana

Ku wa 18 Gicurasi 2025, Minisitiri Dr Bizimana Jean Damascene yifatanyije n’abaturage b’Uturere twa Nyabihu na Rubavu mu Kwibuka ku nshuro ya 31…

Read more →

Umugambi wa Jenoside yakorewe Abatutsi watangiye mu 1990 – Min. Dr Bizimana

Ku wa 17 Gicurasi 2025, Minisitiri Dr Bizimana Jean Damascene n’abandi bayobozi, bifatanyije n’abaturage b’Akarere ka Rulindo, mu gikorwa cyo Kwibuka…

Read more →

Ntidukwiye kugira abana imbata y'amateka mabi twanyuzemo tubahisha ukuri – Min. Dr Bizimana

Ku wa 15 Gicurasi 2025, Minisitiri Dr Bizimana Jean Damascene yitabiriye igikorwa cyo Kwibuka ku nshuro ya 31 Jenoside yakorewe Abatutsi cyateguwe…

Read more →

Amahoro dukesha Inkotanyi tuyasigasire – Min. Dr Bizimana

Ku wa 3 Gicurasi 2025, Minisitiri Dr Bizimana Jean Damascene n’abandi bayobozi, bifatanyije n’abaturage b’Akarere ka Nyamagabe mu Kwibuka ku nshuro ya…

Read more →

Kwibuka 31: Ingabire Warns of Rising Genocide Ideology at U.S. Embassy Event

The Executive Director of the Memory and Genocide Prevention Department, Veneranda Ingabire, delivered a keynote address at the 31st commemoration of…

Read more →

Habyarimana Juvenal yatangiye gutoteza Abatutsi mu 1965 – Min. Dr Bizimana

Ku wa 27 Mata 2025, Minisitiri Dr Bizimana Jean Damascene yifatanyije n’abaturage b’Akarere ka Nyanza mu Kwibuka ku nshuro ya 31 Jenoside yakorewe…

Read more →

Ubutegetsi buriho butabishatse jenoside ntitegurwa kandi ntiba – Min. Dr Bizimana

Ku wa 26 Mata 2025, Minisitiri Dr Bizimana Jean Damascene n’abandi bayobozi, bifatanyije n’abaturage b’Akarere ka Kamonyi mu Kwibuka ku nshuro ya 31…

Read more →

Igihango cy’Urungano: Min. Dr Bizimana yasabye urubyiruko kurwanya ababiba urwango

Ku wa 25 Mata 2025, muri Intare Conference Arena habereye ihuriro ry’Urubyiruko rizwi nk’Igihango cy’Urungano, rigamije kwibuka urubyiruko rwazize…

Read more →
-->