Icyiciro cya 3 cy’Itorero rya WASAC cyasojwe
Uyu munsi, ku wa 24 Gicurasi 2024, mu Kigo cy'Ubutore cya Nkumba habereye umuhango wo gusoza Itorero ry'Indemyabuzima za WASAC icyiciro cya 3. Uwo muhango wayobowe n' Umuyobozi Nshingwabikorwa ushinzwe Itorero no guteza imbere Umuco UWACU Julienne.
Mu ijambo rye, yashingiye ku nsanganyamatsiko yaryo igira iti: “Kwimakaza Indangagaciro z’Umuco Nyarwanda na Kirazira mu mitangire ya Servisi z’amazi, Isuku n’Isukura”, abashishikariza kubaka Igihugu gitekanye kandi kibereye buri wese, bimakaza imitangire myiza ya serivisi.
Yabibukije isezerano rya Guverinoma y’u Rwanda ryo guharanira ko buri muturage agerwaho n’amazi meza n'isuku n’isukura. Yabasabye kuba umusemburo w’impinduka nziza, no gufata ingamba zo kunoza imikorere n’imikoranire mu kazi kabo ka buri munsi, biganisha ku cyerekezo cy’Igihugu 2050.
Muri Kora Ndebe, izo Ntore zahaye Ikigo cy'Ubutore cya Nkumba amazi meza yo kunywa, no kubaka aho Intore zizajya zikarabira mbere yo gufata amafunguro. Iki cyiciro ni cyo cya nyuma cyari giteganyijwe na WASAC Group. Ibyiciro byose uko ari 3, bikaba byaritabiriwe n'Abakozi bayo bagera kuri 1302.
On 25 November 2025, Permanent Secretary Eric Mahoro joined stakeholders to reflect on the results of the “Reinforcing Community Capacity for Social…
Ku wa 18 Gicurasi 2025, Minisitiri Dr Bizimana Jean Damascene yifatanyije n’abaturage b’Uturere twa Nyabihu na Rubavu mu Kwibuka ku nshuro ya 31…
Ku wa 17 Gicurasi 2025, Minisitiri Dr Bizimana Jean Damascene n’abandi bayobozi, bifatanyije n’abaturage b’Akarere ka Rulindo, mu gikorwa cyo Kwibuka…
Ku wa 15 Gicurasi 2025, Minisitiri Dr Bizimana Jean Damascene yitabiriye igikorwa cyo Kwibuka ku nshuro ya 31 Jenoside yakorewe Abatutsi cyateguwe…
Ku wa 3 Gicurasi 2025, Minisitiri Dr Bizimana Jean Damascene n’abandi bayobozi, bifatanyije n’abaturage b’Akarere ka Nyamagabe mu Kwibuka ku nshuro ya…
The Executive Director of the Memory and Genocide Prevention Department, Veneranda Ingabire, delivered a keynote address at the 31st commemoration of…
Ku wa 27 Mata 2025, Minisitiri Dr Bizimana Jean Damascene yifatanyije n’abaturage b’Akarere ka Nyanza mu Kwibuka ku nshuro ya 31 Jenoside yakorewe…
Ku wa 26 Mata 2025, Minisitiri Dr Bizimana Jean Damascene n’abandi bayobozi, bifatanyije n’abaturage b’Akarere ka Kamonyi mu Kwibuka ku nshuro ya 31…
Ku wa 25 Mata 2025, muri Intare Conference Arena habereye ihuriro ry’Urubyiruko rizwi nk’Igihango cy’Urungano, rigamije kwibuka urubyiruko rwazize…