Ese ubu nabita Abarimu, Abasirikare, Abapolisi, Abaganga cyangwa Ababyeyi ?
Kuri uyu wa Gatatu tariki ya 9 Gashyantare 2022, mu kigo cy’Ubutore cya Nkumba hatangijwe Itorero ry’iminsi itanu ku bakozi b’Ikigo Cy’igihugu gishinzwe igororamuco rifite intego igira iti: Twimakaze indangagaciro n’imyitwarire mbonezamurimo.
Atangiza Itorero ku mugaragaro, Umuyobozi Nshingwabikorwa w’ishami rishinzwe ibirebana n’Itorero muri Minisiteri y’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu, Madame KAYIRANGWA Anita Marie Dominique yasabye abaryitabiriye gusasa inzobe bagakoresha neza umwanya bahawe kugirango amasomo bazahakura azabafashe bo ubwabo ndetse azaherekeze n’abo bashinzwe.
Yavuze ko kuba bakira abantu bavuye mu ngeso zitandukanye zitajyanye n’umuco nyarwanda zirimo ubuzererezi, ubusinzi, uburaya, gukoresha ibiyobyabwenge n’izindi bakabasha kubahinduramo abantu bafite indangagaciro kandi b’umumaro ku miryango yabo no ku gihugu atabona izina abaha kubera ubutwari n’ubumenyi bakoresha mu kazi kabo ka buri munsi. Yagize ati: “Ese ubu nabita abarimu, abasirikare, abapolisi, abaganga cyangwa ababyeyi? Abo muri bo bose mukora umurimo ukomeye kandi usaba ubwitange”.
Yabibukije kandi ko bakora umurimo ukomeye wo gusubiza ubumuntu abo sosiyete yita ibicibwa bitewe n’ibyo baba baranyuzemo. Yagize ati: “Mukora umurimo ukomeye wo kwakira abo bamwe bise ibicibwa, mukongera kubasubiza ubumuntu, bagasubira muri sosiyete basubiranye agaciro, bagafatanya n'abandi kubaka igihugu, bakongera kuba ab'umumaro mu miryango yabo no ku gihugu".
Yashimiye ubuyobozi bwa NRS kubagenera umwanya nk’uyu wo kwitekerezaho no kongera kwegeranya imbaraga n’ubushobozi butuma bafasha abanyura mu biganza byabo bagasubira muri sosiyete barahindutse ab’umumaro kurushaho.
Abakozi ba NRS batorezwa I Nkumba ni 110 bakaba bazahabwa amasomo arimo: ibikwiye kwitabwaho mu bufatanye bw’inzego muri gahunda y’igororamuco no guca ubuzererezi; Indangagaciro Abakozi ba NRS bavoma mu mateka y’urugamba rwo kubohora Igihugu; Itorero mu Rwanda: Isoko tuvomamo Indangagaciro n’Ishyaka ry’uRwanda, Imyitwarire mbonezamurimo ku mukozi wa Leta mu kugera ku nshingano yahawe n’Igihugu; Amahame abakozi ba NRS bavoma mu muco nyarwanda mu kunoza umurimo bashinzwe; Gukira ibikomere na gahunda y’igororamuco (pyscho-social support) n’ayandi.
Yasoje abasaba kwiha intego y’uko nyuma yo gutozwa, uwo ariwe wese uzabanyura mu biganza atagomba gusubira muri sosiyete uko yaje ahubwo agomba kugenda ari intangarugero.
On 25 November 2025, Permanent Secretary Eric Mahoro joined stakeholders to reflect on the results of the “Reinforcing Community Capacity for Social…
Ku wa 18 Gicurasi 2025, Minisitiri Dr Bizimana Jean Damascene yifatanyije n’abaturage b’Uturere twa Nyabihu na Rubavu mu Kwibuka ku nshuro ya 31…
Ku wa 17 Gicurasi 2025, Minisitiri Dr Bizimana Jean Damascene n’abandi bayobozi, bifatanyije n’abaturage b’Akarere ka Rulindo, mu gikorwa cyo Kwibuka…
Ku wa 15 Gicurasi 2025, Minisitiri Dr Bizimana Jean Damascene yitabiriye igikorwa cyo Kwibuka ku nshuro ya 31 Jenoside yakorewe Abatutsi cyateguwe…
Ku wa 3 Gicurasi 2025, Minisitiri Dr Bizimana Jean Damascene n’abandi bayobozi, bifatanyije n’abaturage b’Akarere ka Nyamagabe mu Kwibuka ku nshuro ya…
The Executive Director of the Memory and Genocide Prevention Department, Veneranda Ingabire, delivered a keynote address at the 31st commemoration of…
Ku wa 27 Mata 2025, Minisitiri Dr Bizimana Jean Damascene yifatanyije n’abaturage b’Akarere ka Nyanza mu Kwibuka ku nshuro ya 31 Jenoside yakorewe…
Ku wa 26 Mata 2025, Minisitiri Dr Bizimana Jean Damascene n’abandi bayobozi, bifatanyije n’abaturage b’Akarere ka Kamonyi mu Kwibuka ku nshuro ya 31…
Ku wa 25 Mata 2025, muri Intare Conference Arena habereye ihuriro ry’Urubyiruko rizwi nk’Igihango cy’Urungano, rigamije kwibuka urubyiruko rwazize…