Dr Jean Damascène Bizimana yasobanuye ko Abanyarwanda batari abagome mu muco wabo

Minisitiri w’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu Dr Jean Damascène BIZIMANA yifashishije amateka yasobanuye ko ingengabitekerezo ya Jenoside atari umuco w’Abanyarwanda kuko nta muntu uvukana urwango.

Ni mu muhango wo gutangiza icyumweru cy’icyunamo gitangira iminsi 100 yo Kwibuka ku nshuro ya 28 Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994 wabereye ku Rwibutso rwa Jenoside rwa Kigali ku Gisozi.

Mu kiganiro yagejeje ku bitabiriye uwo muhango  yavuzeko Abanyarwanda batavukanye ubugome bwo kwicana ko ahubwo amacakubiri afite inkomoko mu mateka. Yavuze ko Jenoside yateguwe kuva ku butegetsi bwa Kayibanda kugeza ku butegetsi bwa Habyarimana igashyirwa mu bikorwa. Iyo nzira yaranzwe no kuvangura abanyarwanda bashingiye ku bwoko ndetse n’uturere hibandwa ku gutoteza Abatutsi, baricwa, bavanwa mu mashuri ndetse no mu kazi. Yasoje ashimira politike nziza itavangura buri munyarwanda ahubwo iharanira ko Abanyarwanda baba umwe. Yagize ati: “ Turi heza kandi turagana heza, kandi  twahisemo kuba umwe”.

Mu buhamya bwatanzwe na Sibomana Jean Nepomuscene, yavuze inzira yanyuzemo mu gihe cya Jenoside mu cyahoze cyitwa Murambi yayoborwaga na Gatete akaza kurokoka. Yasoje ashimira Guverinoma y’Ubumwe bw’Abanyarwanda kuko ubu afite ubuzima bwiza kubera Leta yamufashije kwiga, kandi akaba yaratangije ibikorwa bihuza abana n’ababyeyi bishe n’abiciwe. Yavuze ko impano yumva uwarokotse wese yakwitura abamurokoye ari ukubababarira kandi we akaba yarabikoze.

Nyakubuhwa Prezida wa Repubulika Paul Kagame mu ijambo rye, yavuze ko nubwo igihugu cy’u Rwanda ari gito mu buso ariko ari igihugu kinini mu butabera,  ko hari ibihugu bibona u Rwanda nk’igihugu gito bagakerensa ibyo rwakoze mu butabera, nko kuba abakoze Jenoside bireze bakemera icyaha barahawe imbabazi. Yashimiye Inkotanyi kuba barahisemo kutihorera bagahitamo gutanga imbabazi. Yavuze ko ibyo bihugu binini bishaka  guha amasomo u Rwanda uko bigomba kugenda,  kandi iwabo ugasanga bagifite igihano cyo kwica. Yavuze ko nta muntu ugomba kwigisha Abanyarwanda uko bakwiye kubaho, kuko amateka banyuzemo yabigishije.

Mu bandi banyacyubahiro bitabiriye uyu muhango harimo abayobozi bakuru b’igihugu, Abahagarariye ibihugu n’imiryango mpuzamahanga mu Rwanda,inshuti z’u Rwanda, abahagarariye imiryango y’abarokotse Jenoside irimo IBUKA na AVEGA, GAERG, AERG nindi miryango ihuza abarokotse.

Topics


Reflecting on achievements of the “Reinforcing Community Capacity for Social Cohesion and Reconciliation through Societal Healing” program

On 25 November 2025, Permanent Secretary Eric Mahoro joined stakeholders to reflect on the results of the “Reinforcing Community Capacity for Social…

Read more →

Bigogwe yabaye indiri y’itegurwa rya Jenoside yakorewe Abatutsi – Min. Dr Bizimana

Ku wa 18 Gicurasi 2025, Minisitiri Dr Bizimana Jean Damascene yifatanyije n’abaturage b’Uturere twa Nyabihu na Rubavu mu Kwibuka ku nshuro ya 31…

Read more →

Umugambi wa Jenoside yakorewe Abatutsi watangiye mu 1990 – Min. Dr Bizimana

Ku wa 17 Gicurasi 2025, Minisitiri Dr Bizimana Jean Damascene n’abandi bayobozi, bifatanyije n’abaturage b’Akarere ka Rulindo, mu gikorwa cyo Kwibuka…

Read more →

Ntidukwiye kugira abana imbata y'amateka mabi twanyuzemo tubahisha ukuri – Min. Dr Bizimana

Ku wa 15 Gicurasi 2025, Minisitiri Dr Bizimana Jean Damascene yitabiriye igikorwa cyo Kwibuka ku nshuro ya 31 Jenoside yakorewe Abatutsi cyateguwe…

Read more →

Amahoro dukesha Inkotanyi tuyasigasire – Min. Dr Bizimana

Ku wa 3 Gicurasi 2025, Minisitiri Dr Bizimana Jean Damascene n’abandi bayobozi, bifatanyije n’abaturage b’Akarere ka Nyamagabe mu Kwibuka ku nshuro ya…

Read more →

Kwibuka 31: Ingabire Warns of Rising Genocide Ideology at U.S. Embassy Event

The Executive Director of the Memory and Genocide Prevention Department, Veneranda Ingabire, delivered a keynote address at the 31st commemoration of…

Read more →

Habyarimana Juvenal yatangiye gutoteza Abatutsi mu 1965 – Min. Dr Bizimana

Ku wa 27 Mata 2025, Minisitiri Dr Bizimana Jean Damascene yifatanyije n’abaturage b’Akarere ka Nyanza mu Kwibuka ku nshuro ya 31 Jenoside yakorewe…

Read more →

Ubutegetsi buriho butabishatse jenoside ntitegurwa kandi ntiba – Min. Dr Bizimana

Ku wa 26 Mata 2025, Minisitiri Dr Bizimana Jean Damascene n’abandi bayobozi, bifatanyije n’abaturage b’Akarere ka Kamonyi mu Kwibuka ku nshuro ya 31…

Read more →

Igihango cy’Urungano: Min. Dr Bizimana yasabye urubyiruko kurwanya ababiba urwango

Ku wa 25 Mata 2025, muri Intare Conference Arena habereye ihuriro ry’Urubyiruko rizwi nk’Igihango cy’Urungano, rigamije kwibuka urubyiruko rwazize…

Read more →
-->