Abarimu biyemeje kunoza imyigishirize y’amateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi
Amahugurwa y’abarimu b’amateka yaberaga mu Kigo cy’Ubutore cya Nkumba kuva kuwa 11 Nzeri 2023 ku kunoza imyigishirize y’amateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi yasojwe. Abarimu bafashe ingamba zitandukanye zigamije kwigisha neza amateka y’u Rwanda, by’umwihariko aya Jenoside yakorewe Abatutsi yahitanye abasaga miliyoni mu minsi 100.
Ni amahugurwa yitabiriwe n’abarimu 416 baturutse mu bice bitandukanye by’Igihugu. Bagaragaje inzitizi bahura na zo zirimo ubuke bw’imfashanyigisho ndetse no kuba bitoroshye kwigisha amateka yaguteye ibikomere wowe ubwawe cyangwa abanyeshuri wigisha.
Izi nzitizi baziganiriyeho n’inzobere zabasuye zibaha ibiganiro, zirimo izaturutse muri Minisiteri y’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu (MINUBUMWE), Minisiteri y’Uburezi (MINEDUC), Ikigo cy’Igihugu gishinzwe uburezi bw’ibanze (REB) n’imiryango itandukanye irimo Interpeace, Aegis Trust, na Prison Fellowship Rwanda. Baganirijwe kandi na Senateri Prof. Niyomugabo Cyprien ndetse n’umushakashatsi kuri jenoside Tom Ndahiro.
Muri ibyo biganiro byaranzwe no gusasa inzobe hagaragazwa ibibazo biri mu myigishirize y’amateka y’u Rwanda muri rusange n’aya Jenoside yakorewe Abatutsi by’umwihariko ndetse n’uburyo byakemuka, abarimu n’inzego zitandukanye zateguye aya mahugurwa bafashe imyanzuro ikurikira:
Mu bitekerezo byatanzwe hagamijwe ko amateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi yigishwa neza mu mashuri abanza n’ayisumbuye, abarimu bagaragaje ko hajya hategurwa amahugurwa y’abarimu b’amateka mu buryo buhoraho, ndetse basaba ko amateka y’u Rwanda yongererwa ingufu mu bizamini bya Leta ku banyeshuri bose kugira ngo abanyeshuri bagire ingoga yo kuyiga n’abarimu bayigishe bashishikaye.
Abarimu bagaragaje ko isomo ry’amateka y’u Rwanda rikwiye gushyirwa mu mashami yose ndetse rikongererwa amasaha yo kuryigisha kurusha amateka y’ibindi bihugu.
Kugira ngo ibyo bigerweho, abarimu basabye kandi ko hategurwa igitabo kivuga ku mateka y’u Rwanda n’aya Jenoside yakorewe Abatutsi by’umwihariko kigashyirwa mu mashuri kikunganira abarimu mu gutegura amasomo (Rerefence book).
On 25 November 2025, Permanent Secretary Eric Mahoro joined stakeholders to reflect on the results of the “Reinforcing Community Capacity for Social…
Ku wa 18 Gicurasi 2025, Minisitiri Dr Bizimana Jean Damascene yifatanyije n’abaturage b’Uturere twa Nyabihu na Rubavu mu Kwibuka ku nshuro ya 31…
Ku wa 17 Gicurasi 2025, Minisitiri Dr Bizimana Jean Damascene n’abandi bayobozi, bifatanyije n’abaturage b’Akarere ka Rulindo, mu gikorwa cyo Kwibuka…
Ku wa 15 Gicurasi 2025, Minisitiri Dr Bizimana Jean Damascene yitabiriye igikorwa cyo Kwibuka ku nshuro ya 31 Jenoside yakorewe Abatutsi cyateguwe…
Ku wa 3 Gicurasi 2025, Minisitiri Dr Bizimana Jean Damascene n’abandi bayobozi, bifatanyije n’abaturage b’Akarere ka Nyamagabe mu Kwibuka ku nshuro ya…
The Executive Director of the Memory and Genocide Prevention Department, Veneranda Ingabire, delivered a keynote address at the 31st commemoration of…
Ku wa 27 Mata 2025, Minisitiri Dr Bizimana Jean Damascene yifatanyije n’abaturage b’Akarere ka Nyanza mu Kwibuka ku nshuro ya 31 Jenoside yakorewe…
Ku wa 26 Mata 2025, Minisitiri Dr Bizimana Jean Damascene n’abandi bayobozi, bifatanyije n’abaturage b’Akarere ka Kamonyi mu Kwibuka ku nshuro ya 31…
Ku wa 25 Mata 2025, muri Intare Conference Arena habereye ihuriro ry’Urubyiruko rizwi nk’Igihango cy’Urungano, rigamije kwibuka urubyiruko rwazize…